Ikoreshwa nabi ry’ibiyobyabwenge n’inzoga ryagaragaye nk’imwe mu mpamvu zikomeye zitera ihohoterwa rikorerwa abana, amakimbirane n’ihohoterwa ryo mu miryango, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ndetse no gukwirakwira kwa VIH/SIDA mu Rwanda. Ubushakashatsi bwagaragaje kandi isano ikomeye iri hagati y’indwara ziterwa no gukoresha ibiyobyabwenge n’inzoga n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, bikaba bitera ibibazo bikomeye by’ubuzima n’imibereho ku bantu babigerwaho, imiryango yabo ndetse n’abaturage muri rusange.
Ingaruka ziterwa no gukoresha ibiyobyabwenge n’inzoga, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, VIH/SIDA n’indwara zo mu mutwe, zifatwa nk’ikibazo gikomeye cy’ubuzima rusange, ariko kandi zikaba n’imbogamizi ku mibereho myiza y’abaturage, ku butabera ndetse no ku mutekano w’igihugu. Iyo ibi bibazo bidakemuwe uko bikwiye, bishobora kugira ingaruka mbi ku iterambere ry’imibereho n’ubukungu by’igihugu.
